Ikigo vision Jeunesse Nouvel kigiye gutangiza radio y’urubyirukoizajya urufasha mu nzira y’iterambere hamwe no kugira imyitwariremyiza.

Radio yatewe inkunga n’umuryango mpuzamahanga PNUD ufatanyije na

Minisitere y’ubyiruko. Nkuko bitangazwa na Dusabimana Emmanuel uyobora

Vision Jeunesse Nouvel ngo iyo radio izibanda kubiganiro by’urubyiruko

kandi itangire yumvikana mu turere twa Rubavu, Nyabihu na Ngororero

n’agace ka Rutsiro.

 

Dusabimana avuga ko radio izatuma urubyiruko rushobora kwisanzura

rugaragaza ubushobozi rufite mu kwiteza imbere ndetse rushobore

kongererwa ubumenyi binyuze mu biganiro bizajya bitambuka.

 

Kuba iyi radio ije gukorera mu karere ka Rubavu kandi hasanzwe indi

radio y’abaturage Dusabimana avuga ko radio y’abaturage iba ifite

ibiganiro byinshi ariko radio jeunesse nouvel izibanda kubiganiro

bihindura imibereho n’imyitwarire y’urubyiruko.

 

Nubwo Dusabimana yirinze kuvuga umunsi izatangirira avuga ko radio

yamaze gutegurwa ndetse hashyirwa n’abazayiyobora kimwe n’amafaranga

yo kuyikoresha kuko habonetse miliyoni 119 zizajyana n’umushinga wa

Radio Jeunesse Nouvel.

 


 

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>

Featuring Recent Posts WordPress Widget development by YD